Ikipe ya Police FC yegukanye igikombe cy’ irushanwa Inkera y’ Abahizi ryateguwe n’ ikipe y’Ingabo z’ Igihugu APR FC.

Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’ amakipe ane arimo APR FC yariteguye, AS Kigali, Police FC na AZAM FC yaturutse muri Tanzania ryasojwe kuri icyi cyumweru tariki 24 Kanama 2025 nyuma y’ icyumweru rikininwa.
Ubwo ryari rigeze ku munsi waryo wa nyuma kuri iki cyumweru, habaye imikino ibiri yombi yakiniwe kuri Stade Amahoro i Remera aho habanje uwa AS Kigali na Police FC, uyu ukaba waje kurangira ari ubusa ku busa maze hitabazwa penaliti, aho Police FC yinjije 5 kuri 3 za AS Kigali.














