Police FC

Police FC yatsinze APR FC mu mukino wa gicuti

Police FC yatsinze ibitego 2-1 mu mukino wakiniwe kuri Kigali Pele Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 3 Kanama 2025, mu rwego rwo kwitegura Shampiyona  umwaka w’imikino wa 2025/26.

Abakinnyi 11 ba Police FC babanjije mu kibuga

Police FC yateretsemo igitego cya mbere ku munota wa 23’ ku mupira waruhinduwe na Richard Kirongozi rutahizamu Ani Elijah ahita atsinda igitego .

Koruneri ya APR FC yabonetse ku munota wa 25 w’umukino yatewe na Daouda Yussif, umupira usanga Nshimiyimana Yunusu ahita yishyura igice cya mbere kirangira ari igitego 1 kumakipe yombi

Richard Kirongozi yari yazonze ubusatirizi bwa APR FC

Igice cya kabiri cyarimo gusatirana ndetse no guhanahana  kuri Police FC byaviriyemo ikipe ya APR FC kwitsinda igitego ubwo Ishimwe Christian yirukankanaga umupira akawuhindurira mu rubuga rw’amahina, usanga myugariro wa APR FC, Niyigena Clement, ahagaze nabi ahita yitsinda igitego ku munota wa 78.

Byiringiro Lague Umukinnyi wigaragaje neza muri uyu mukino