Mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’u Rwanda 2025–26, ikipe ya Police FC yitwaye neza itsinda Marine FC ibitego 2-0 mu mukino wo kwishyura ibitego byatsinzwe na HDavid Chimezie na Henry Msanga. Ibi byakurikiye intsinzi yo mu mukino ubanza Police yari yatsinze Marine 2-1 kuri Stade Umuganda.

Uyu mukino watangiye Police FC igaragaza inyota yo gutsinda, ishyira igitutu gikomeye kuri Marine FC kuva ku munota wa mbere. Ibi byasobanuwe n’uko Police yari imaze igihe ititwara neza mu mikino yo kwishyura, aho yari imaze gutsinda umukino umwe gusa, inganya imikino itandukanye ndetse inatsindwa inshuro nyinshi zirimo n’amakipe akomeye nka APR FC, AS Kigali na Rayon Sports.

Mu mateka y’imikino iheruka guhuza aya makipe yombi, Police FC igaragaza ko iyoboye, kuko mu mikino 11 iheruka:
- Police yatsinzemo imikino 8
- Banganyije umukino 1
- Marine FC itsinda imikino 2

Nyuma y’uyu mukino, Police FC iri ku mwanya wa 4 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 44, ibintu biyishyira mu makipe ahanganiye imyanya wa kabiri ikaba yabasha gusohokera igihugu mugihe ikipe ya APR iri kumwanya wa mbere yatwara igikombe cya Shampiyona igatwara n’icy’amahoro.









