Kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Kamena 2026, ni bwo Ikipe ya Police FC yashyize hanze itangazo rishimira uyu mutoza utarageze ku nshingano yari yarahawe muri iyi kipe.

Ben Moussa yageze muri Police FC muri Nyakanga 2025, asabwa kuzafasha iyi kipe kubona itike yo gukina amarushanwa mpuzamahanga, yaba CAF Champions League cyangwa CAF Confederation Cup.
Iyi kipe ya Polisi yโIgihugu yagize umusaruro nkene mu mwaka wโimikino wa 2025/26 yari yatangiye neza, isoreza ku mwanya wa gatandatu muri Shampiyona, mu gihe yasezerewe na Rayon Sports muri ยผ cyโIgikombe cyโAmahoro.
Igikombe kimwe rukumbi Police FC yegukanye uyu mwaka ni icyโIntwari yatwaye muri Gashyantare itsinze APR FC kuri penaliti, ariko nticyari gihagije ngo yongere gusohokera u Rwanda nkโuko yabikoze mu 2024/25.
Kutagera kuri izi ntego byatumye Ben Moussa, asezererwa muri iyi Kipe ya Polisi yโu Rwanda, mu gihe yitegura umwaka mushya wa 2026/27.







