Skip to main content

Police FC

Police FC yatandukanye na Ben Moussa wari umutoza wayo

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Kamena 2026, ni bwo Ikipe ya Police FC yashyize hanze itangazo rishimira uyu mutoza utarageze ku nshingano yari yarahawe muri iyi kipe.

Ben Moussa yageze muri Police FC muri Nyakanga 2025, asabwa kuzafasha iyi kipe kubona itike yo gukina amarushanwa mpuzamahanga, yaba CAF Champions League cyangwa CAF Confederation Cup.

Iyi kipe ya Polisi yโ€™Igihugu yagize umusaruro nkene mu mwaka wโ€™imikino wa 2025/26 yari yatangiye neza, isoreza ku mwanya wa gatandatu muri Shampiyona, mu gihe yasezerewe na Rayon Sports muri ยผ cyโ€™Igikombe cyโ€™Amahoro.

Igikombe kimwe rukumbi Police FC yegukanye uyu mwaka ni icyโ€™Intwari yatwaye muri Gashyantare itsinze APR FC kuri penaliti, ariko nticyari gihagije ngo yongere gusohokera u Rwanda nkโ€™uko yabikoze mu 2024/25.

Kutagera kuri izi ntego byatumye Ben Moussa, asezererwa muri iyi Kipe ya Polisi yโ€™u Rwanda, mu gihe yitegura umwaka mushya wa 2026/27.